Dataset Viewer
Auto-converted to Parquet Duplicate
book_name
string
chapter_number
string
title
string
text
string
Umugenzi
1
UMUNTU WARI UHETSE UMUTWARO
NANYURAGA mu butayu, ni bwo iyi si, mbona ahantu hari isenga, ndyamamo, ndasinzira, ndota inzozi. Muri izo nzozi, mbona umugabo wambaye ubushwambagara, ahagaze ateye umugongo urugo rwe, afite igitabo mu ntoke, ahetse umutwaro uremereye mu mugongo (Zaburi 38:4). mwitegereje mbona abumbuye icyo gitabo, aragisoma. Akigiso...
Umugenzi
2
MUBWIRIZABUTUMWA
Bukeye mubona agendagenda mu mirima, asoma igitabo cye, nk’uko yamenyereye, agira agahinda kenshi. Akigisoma, araturika arataka, nk’uko yagenjeje cya gihe kindi, ati: “Nkwiriye gukora nte, ngo mbone gukira?” (Ibyakozwe 16:30-31).Mbona akebaguza, nk’ushaka kwiruka. Maze arahagarara kuko atabashije kumenya aho ajya. Mbon...
Umugenzi
3
ABATURANYI BA MUKRISTO
ABATURANYI b’uwo mugabo basohorwa no kureba uko yiruka; kandi akiruka bamwe baramuseka, abandi baramukangisha, abandi baramuhamagara ngo agaruke.Muri bo harimo babiri bagambiriye kumugarura bamuhase. Umwe muri bo yitwaga MUDAKURWAKWIJAMBO, undi yitwa NYAMUJYIRYANINO. Icyo gihe yari amaze kubaha intera: ariko bo bajya i...
Umugenzi
4
ISAYO GAHINDA GASAZE
Maze ndota yuko bamaze kuganira bagera batyo ku isayo irimo ibyondo byinshi, yari iringanije icyo kibaya. Nabo kuko batitondaga, batungurwa no kugwa muri iyo sayo. Kandi iyo sayo yitwaga GAHINDAGASAZE. Bamaramo umwanya bagerageza kwisayura, bivurunga cyane mu byondo. Mukristo atangira gusaya cyane kuko yari ahetse wa m...
Umugenzi
5
BWENGEBWISI
IBYO bikiri aho, Mukristo yagendaga wenyine, yitegura umugabo uje guhura nawe, bahurira mu mayirabiri. Uwo bahuye uwo yitwaga BWENGEBWISI; yari atuye mu mudugudu witwa BWENGEBWAKAMERE, umudugudu ukomeye cyane, uhereranye n’uwo Mukristo yavuyemo. Uwo mugabo abonye Mukristo akeka uwo ari we: kuko ibyo kuva mu mudugudu kw...
Umugenzi
6
IREMBO
Mukristo agenda yihuta, ntiyagira uwo bavugana mu nzira, kandi umubajije ijambo ntamusubize. Ahubwo agenda nk’uca ahabuzanywa, ntiyabasha kwibwira ko avuye mu kaga, ataragera mu nzira yaretse akumvira inama ya Bwengebwisi. Hashize umwanya agera ku irembo. Hejuru y’iryo rembo handitswe ngo, MUKOMANGE MURAKINGURIRWA (Mat...
Umugenzi
7
MUSOBANUZI
Nuko Mukristo aragenda, agera ku nzu ya Musobanuzi,akomanga ku rugi kenshi. Bishyira kera ku rugi haza umuntu, aramubaza ati: “Ni nde?”Mukristo ati: Mutware, ndi umugenzi, nabwiwe n’inshuti ya nyiri iyi nzu, ngo nze hano mbone umumaro. None ndashaka kuvugana nawe.Nuko wa wundi asubirayo, ajya guhamagara nyiri inzu, naw...
Umugenzi
8
UMUSARABA
MAZE ndota yuko inzira Mukristo yari akwiriye kunyuramo izitiwe impande zombi n’inkike yitwa GAKIZA (Yesaya 26:1). Mukristo akurikira iyo nzira, n’ubwo aremerewe agenda yiruka, ariko bimuruhije cyane, ku bw’umutwaro ahetse. Nuko ariruka, agera ahantu hazamuka ho hato, hejuru yaho hashinze umusaraba, kandi hepfo yaho az...
Umugenzi
9
ABASINZIRIYE N’ABURIYE INKIKE
NDOTA agenda atyo, kugeza aho yagereye mu gikombe, abonamo abantu batatu basinziriye hirya y’inzira ho hato, bafunze iminyururu ku maguru. Umwe yitwaga MUSWA, undi yitwa BUTE, uwa gatatu yitwa RUHANGARA.Mukristo abonye baryamye batyo, ajya aho bari ngo ahari yabakangura, arabahamagara ati: “Yemwe abasinziriye, muhwanye...
Umugenzi
10
UMUSOZI WITWA BIRUHANYA
BOSE baragenda, bagera munsi y’umusozi witwa BIRUHANYA, basangayo isoko. Aho hantu kuri iyo nzira ivuye kuri rya rembo hashamikiraho izindi nzira ebyiri: imwe izenguruka ibumoso, iyindi izenguruka iburyo. Inzira ifunganye iterera uwo musozi w’i Biruhanya. Mukristo ajya kuri iyo soko, anywaho, abona intege, maze atangir...
Umugenzi
11
NYUMBANZIZA
Nuko acyiganyira atyo, yubura amaso, abona imbere ye inyumba y’igikundiro cyinshi yitwa NYUMBANZIZA, iri ku nzira. Nuko ndota yihuta ngo ahari yacumbikamo. Yicumye imbere ho hato, anyura mu nzira ifunganye cyane, akazu k’umukumirizi w’iyo nyumba kari imbere ye ho hato. Agenda akenguza cyane, abona intare ebyiri ku nzir...
Umugenzi
12
IGIKOMBE CYITWA MUCISHABUGUFI
MURI ICYO gikombe Mucishabugufi, Mukristo ahabonera intambara ikomeye. Ataragera kure, abona dayimoni w’umwaku uteye ubwoba, aje amusanganira, witwa APOLUONI (Ibyahishuwe 9:11), risobanurwa ngo Umurimbuzi. Mukristo “abanza gutinya, yiburanya gusubirayo cyangwa gushikama. Maze yibuka yuko mu mugongo atifurebyeho ibyuma ...
Umugenzi
13
IGIKOMBE CY’IGICUCU CY’URUPFU
Arangije icyo gikombe, agera ku kindi gihereranye nacyo, cyitwa IGIKOMBE CY’IGICUCU CY’URUPFU: kandi Mukristo nacyo yari akwiriye kukinyuramo kuko inzira ijya mu rurembo rwo mu ijuru yagicagamo hagati. Icyo gikombe cyari igiswa rwose. Umuhanuzi Yeremiya yakivuze atya ati: “Ni ubutayu, igihugu cy’umutarwe n’imyobo, igih...
Umugenzi
14
MWIZERWA
MUKRISTO akigenda, agera ku gasozi karundiwe kugira ngo abagenzi barebe ibiri imbere. Mukristo arakazamuka, Arebye imbere, abona MWIZERWA amuri imbere. Aramuhamagara ati: “Yewe, mugabo, ndinda tujyane”. Mwizerwa arakebuka, Mukristo arongera aramuhamagara ati: “Ndindira aho. Maze Mwizerwa aramusubiza ati: “Sindi buhagar...
Umugenzi
15
MAGAMBO
NDOTA yuko bakigenda, Mwizerwa yarebye iruhande, abona umuntu witwaga MAGAMBO, abagenda uruhunge, kuko aho hantu inzira yari ngari, babashaga kugenda babangikanye. Yari umugabo muremure w’igikundiro, agituruka kure; wamwegera, igikundiro cye kikagabanuka ho hato.Mwizerwa aramubaza ati Urajya he? Urajya mu gihugu cyo mu...
Umugenzi
16
URUREMBO RWIMBURAMUMARO
BAGIYE kuva muri ubwo butayu, Mwizerwa areba inyuma, abona ubakurikiye, aramumenya, abaza mugenzi we, ati: Uriya ni nde? Mukristo nawe areba inyuma, aramusubiza ati: Ni inshuti yanjye nziza Mubwirizabutumwa. Mwizerwa ati: Kandi ni iyanjye, kuko ari we wanyeretse inzira ijya kuri rya rembo. Abagezeho arabasuhuza ati: Ab...
Umugenzi
17
MWISHAKIRINDAMU
Bataragera kure, bagera ku muntu ubari imbere witwaga MWISHAKIRINDAMU. Baramubaza bati: Urava he, ukajya he?Mwishakirindamu arabasubiza ati: Ndava mu mudugudu witwa NIKUNDIRIZE. Nkajya mu rurembo rwo mu ijuru. Ariko ntiyababwiye izina rye.Mukristo ati: Urava i Nikundirize! Mbese hariyo abanyangeso nziza?Mwishakirindamu...
Umugenzi
18
DEMA NA MUKA LOTI N’URUZI RWIZA
Mukristo na Byiringiro bajya imbere, bagera mu kibaya cyiza cyitwa KWIYARA, banyuramo banezerewe cyane. Bakimara vuba, kuko atari kikini. Ahajya guhera, hari agasozi kitwa i NDAMU, karimo aho bacukura ifeza, bazicukura mu rwobo rurerure. Abandi bagenzi bateshuwe no kuhareba, kuko ifeza ziguma; maze begereye umunwa w’ur...
Umugenzi
19
BWIHEBE
NDOTA yuko bamara akanya bagikikiye rwa ruzi. Maze inzira itandukana narwo, bagira agahinda kenshi, ariko ntibahangara kureka iyo nzira. Aho inzira iteshukira ku ruzi, yarimo amabuye menshi, kandi ibirenge byabo byari bihishijwe imputa n’urugendo. Nicyo cyatumye imitima yabo icogozwa cyane n’iyo nzira (Kubara 21:4); nu...
Umugenzi
20
IMISOZI Y’IGIKUNDIRO
BAKOMEZA urugendo bajya ku MISOZI Y’IGIKUNDIRO, nyirayo ni umwami nyiri wa musozi w’i Biruhanya. Baterera iyo misozi, babona imirima n’ibigombe by’ibiti byera imbuto ziribwa, babona n’inzabibu n’amasoko. Baranywa, bariyuhagira, barya imbuto z’inzabibu, uko bashatse. Mu mpinga z’iyo misozi hari abungeri baragira intama ...
End of preview. Expand in Data Studio

Dataset Card for "kirundi_mugenzi_dataset"

More Information needed

Downloads last month
4