text stringlengths 0 5.3k | source stringclasses 16
values |
|---|---|
Levy | Firestone | Muse Jenoside Yagaragariraga Buri Wese Uruhare rwa Leta y'Ubufaransa muri Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda 19 Mata 2021 (Iyi nyandiko ikubiyemo Imyanzuro n'Ibyagezweho byasemuwe mu Kinyarwanda. Raporo yose isemuye mu Kinyarwanda iri gutunganwa, izashyirwa ahagaragara mu gihe cya vuba. ) | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 1 Imwanzuro n'Ibyagezweho Umwanzuro wacu ni uko Leta y'Ubufaransa ifite uruhare ruremereye mu gufasha no kureberera Jenoside byagaragara ko yatutumb aga. Mu gihe cy'imyaka myinshi, Leta y'Ubufaransa yashyigikiye Le ta yamunzwe n... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 2 yaratangajwe bihagije. Abategetsi b'Ubufaransa bari mu Rwa nda icyo gihe bahoraga bohereza raporo i Paris mu myaka ine ya banjirije Jenoside zivuga ku bw icanyi bwibasiye Abatutsi. Abayobozi bamwe b'abasirikare b'Abanyarwa nda... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 3 ndetse bateza ikindi kibazo cya kabiri cyib asiye inyokomuntu. Amaherezo, Turquoise yagize uruhare mu guhungabanya umutekano mu karere ndetse yarokoye abantu bakeya, ugereranyije n'abapfuye muri Jenoside. Mu kinyejana gishize,... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 4 A. Mbere ya 1990: Ubufaransa bwafashije u Rwanda mu by'ubukungu, no mu by'igisirikari, mu gihe Leta y'u Rwanda yi njiraga mu ivangura risesuye no gukaza urugomo ku batutsi. 1. Mu mpera za 1960, Ubufaransa bwumvikanye ku bwigen... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 5 9. Muri Nyakanga 1975, Ubufaransa na Leta ya Habyarimana bagiranye amasezerano y'ubufatanye mu bya gisirikari. Aya masezerano yemerera ga igisirikari cy'Ubufaransa gutoza Gendarmerie nshyashya (ariyo yari polisi y'Igihugu). Mu... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 6 B. Ukwakira 1990: Intambara mu Rwanda yarata ngiye, Leta y'Ubufaransa yahise iza gufasha Leta ya Habyarimana yireng agije ukutubahiriza uburenganzira bw'ikiremwa muntu kwayo. 16. Mu gihe FPR Inkotanyi yatangije Opti on Z maze ... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 7 24. Raporo zigaragaza ko Leta y'u Rwanda yakoze ibikorwa bibangamiye uburenganzira bw'ikiremwamuntu mu buryo bukabije kandi igahagarikira iyicwa ry'Abatutsi mu ntangiriro z'intambara ntibyabujije Le ta y'Ubufaransa gukomeza gu... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 8 31. Abategetsi b'Abafaransa bakomeje gushishikariza Leta ya Habyarimana kuyoboka inzira ya demokarasi ariko bakomeza kwemera ikandamizwa, iterabwoba n'ibitero bigamije kwica Abatutsi. 32. Mu kwezi kwa Werurwe 1992, radio igeng... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 9 D. Mutarama-Weruwe 1993: Birengagije raporo y'agahomamunwa ivuga uburyo Leta y'u Rwanda yari itoteje ikiremwamuntu. Leta y'Ubufaransa yarengeje igipimo yivanga mu ntambara yarwanyaga FPR Inkotanyi. 38. Muri Mutarama 1993, abak... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 10 Rwanda, ariko yirinda gusa nkaho aterer anye igihugu bafatanyi je. Yiyemeje y'uko ugutabara kw'amahanga k'Umuryango w' Abibumbye (UN) kuzamufasha gukora byombi, kandi yagashyigi kiye umwanzuro warimo kwigwa mu Muryango w'Abib... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 11 F. Tariki ya 6 Mata-Kamena 1994: Leta y'Ubufaransa yakomeje kurwanya FPR Inkotanyi, ariyo yarimo kurwana ngo ihagarike Jenoside. 51. Abahezanguni bari barateguye kandi ba shyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri 201... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 12 isonga ryo kurwanyaga Abatutsi) ndetse na Ferdinand Nahimana, wari umuyobozi wa radio RTLM. 58. Abasirikari ba Amaryllis biboneye uko Abat utsi b'abasivile bicwa urubozo, ariko kubera amategeko, birinze kurokora ubuzima bw'ab... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 13 65. Ku itariki 22 Kamena 1994, Umurya ngo w'Abibumbye wemereye Leta y'Ubufaransa gutangiza igikorwa 'ubutumwa bw'ubutabazi' mu Rwanda, n'ubwo FPR Inkotanyi n'abandi banyamurya ngo b'Akanama Kihariye Gashinzwe Umutekano mu Mur... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 14 73. RPF Inkotanyi yafashe umujyi wa Kigali ku itariki ya 4 Nyakanga 1994; abicanyi bakomeza guhunga. SHZ yahaye ubuhungiro ab ajenosideri mu gihe bahungaga FPR Inkotanyi yarimo ibasatira. Abasirikari b' Abafaransa ntibigeze b... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 15 82. Mu gihe Leta y'Ubufaransa yakomeje gufasha Leta ya Habyarimana mu bihe by'intambara hagati yayo na FPR Inkotanyi, Leta y'Ubufaransa yari izi neza ko Leta ya Habyarimana yashatse kwihimura if asha mu kwica kubera ibitero ... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 16 90. Muri 1998, Abadepite b'Abafaransa baje mu butumwa bwo gushakisha amakuru yerekana uko Ubufaransa bwitwaye mu Rw anda (MIP), ariko bwari bufite inenge ikabije. Kugera kuri uyu munsi, impapur o zikomeye n'ubuhamya byaturuts... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
Imyanzuro n'ibyagezweho ___________________________________________________________ Page | 17 kumenyekanisha ko babonye ubu busabe, Leta y'Ubufaransa ntirigera isubiza na rimwe ayo mabaruwa. 97. Kumenyekanisha inyandiko za vuba aha zijyan ye na raporo ya komisiyo ya Duclert ni int ambwe iganisha ku nzira yo gukorera mu... | LevyFirestoneMuse_jenoside_uruhare_leta_ubufaransa.pdf |
REPUBULIKA Y'U RWANDA MINISITERI Y' UBUTEGETSI BW'IGIHUGU IMIHIGO Y'INZEGO Z'IBANZE ZEGEREJWE ABATURAGE: UMUDUGUDU, AKAGARI, UMURENGE Agatabo k 'imfashamikorere 2020 | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
IMIHIGO Y'INZEGO Z'IBANZE ZEGEREJWE ABATURAGE: UMUDUGUDU, AKAGARI, UMURENGE 2020 1 | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf | |
“Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa. Umuhigo ni intego, ni igikorwa gikwiye kuba kigaragaza uko tugenda dutera imbere, ndetse n'uko impinduka igera ku buzima bw'Abanyarwanda bose. ” Nyakubahwa KAGAME Paul, Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, mu muhango wo gusinya Imihigo ya 2017-2018. 2 | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
IJAMBO RY'IBANZE Mu mwaka wa 2006, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagaruye Imihigo mu nzego zose z'igihugu ahereye ku z'ibanze. Guhera ubwo, imihigo yabaye umusemburo w'imibereho myiza y'abaturage n'iterambere ry'Igihugu. Imihigo ni kimwe mu bisubizo by'umwimerere twishatse mo nk'Abanyarwanda; kandi bi... | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
A. IBIRANGA UMUDUGUDU NTANGARUGERO MU CYARO NO MU MIJYI 4 | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
IBIGOMBA KURANGA UMUDUGUDU NTANGARUGERO MU CYARO 1. Irerero ry'abana bato (ECD); 2. Itorero ry'umudugudu rikora neza hagamijwe kwimakaza indangagaciro na kirazira; 3. Imihanda ikoze neza; 4. Icyumba cy'inama cy'umudugudu; 5. Igikoni cy'umudugudu; 6. Irondo rikora neza mu mudugudu; 7. Ikayi y'umudugudu (abaturage bose ... | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
18. Buri muryango ugize umudugudu ukwiye kuba urangwa n'ibi bikurikira: a) Ubwisungane mu kwivuza; b) Ubwiherero bwujuje ibyangombwa n'ubwiyuhagiriro; c) Inzu irimo sima cyangwa ikurungiye, kandi iri ahateganyirijwe Umudugudu; d) Uburiri bwiza, buriho inzitiramibu; e) Gufata amazi yo ku gisenge cy'inzu hacukurwa ibyob... | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
IBINTU BIGOMBA KURANGA UMUDUGUDU NTANGARUGERO MU MIJYI 1. Irerero ry'abana bato (ECD); 2. Itorero ry'Umudugudu rikora neza hagamijwe kwimakaza indangagaciro na kirazira; 3. Imihanda ikoze neza; 4. Icyumba cy'inama cy'Umudugudu; 5. Igikoni cy'mudugudu cyangwa ubundi buryo bwigisha ababyeyi uko bategurira abana indyo yu... | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
17. Buri muryango ugize Umudugudu ukwiye kuba ufite ibi bikurikira: a) Ubwisungane mu kwivuza; b) Kuba mu nzu ijyanye n'imiturire yemewe; c) Gufata amazi yo ku gisenge cy'inzu; d) Kugira uburyo / igikoresho gishyirwamo imyanda mbere yo kujyanwa mu kimoteri rusange; e) Kuboneza urubyaro; f) Kuba yizigamira muri Ejo Hez... | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf | |
B. IBIRANGA AKAGARI NTANGARUGERO MU CYARO NO MU MIJYI Ndi Rushingwangerero Ndi Umurinzi w'ibyagezweho Nkaba ku isonga mu kubaka u Rwanda rushya n'iterambere ry'Afurika. 9 | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
IBIGOMBA KURANGA AKAGARI NTANGARUGERO MU CYARO 1. Kugira abaturage bizigamira by'igihe kirekire muri EJO HEZA no mu bundi buryo bwemewe; 2. Kugira imihanda n'imiferege bimeze neza kandi bifite isuku; 3. Kugira ikigo mbonezamikurire cy'abana bato (ECD) gikora neza; 4. Kugira ivuriro ry'ibanze (health post); 5. Abana bo... | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
IBIGOMBA KURANGA AKAGARI NTANGARUGERO MU MIJYI 1. Abaturage bizigamira by'igihe kirekire muri EJO HEZA, no mu bundi buryo bwemewe; 2. Kugira amashanyarazi n'amazi nibura ku rugero rwa 75%; 3. Kugira imihanda n'imiferege bimeze neza kandi bifite isuku; 4. Kubahiriza igishushanyo cy'imiturire (physical plans) cy'Akagari... | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
15. Kuba abaturage bitabira gahunda za Leta (Umuganda rusange, Umugoroba w'ababyeyi, Inteko z'abaturage, n'izindi); 16. Kutarangwamo ibiyobyabwenge, uburara, ubuzererezi, n'ubwomanzi; 17. Kutagaragaramo ihohoterwa iryo ari ryo ryose; 18. Kuba itorero ryo mu midugudu yose rikora neza; 19. Kutarangwamo imanza zitarangij... | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
C. IBIRANGA UMURENGE NTANGARUGERO MU CYARO NO MU MIJYI Ndi isonga Ndi mudateshuka ku nshingano Ndi nkore neza bandebereho Ndi umurinzi w'umurage wa Gihanga Nkaba ku isonga mu kubaka u Rwanda rushya n'iterambere ry' Afurika. 13 | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
IBIGOMBA KURANGA UMURENGE NTANGARUGERO WO MU CYARO 1) Kuba Umurenge ufite amashanyaranzi ku kigero cya 75% (on grid and off grid); 2) Kuba abaturage batuye Umurenge bakoresha gaz, rondereza, briquettes cyangwa ubundi buryo bukoresha ingufu zitangiza ibidukikije ku kigero cya 75%; 3) Kuba imishinga ibyara inyungu (Fina... | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
13) Kuba ibibazo bibangamiye umudendezo w'abaturage (Human security Issues) byarakemuwe; 14) Kuba abana barindwa imirimo mibi/ivunanye; 15) Kuba gahunda za VUP zishyirwa mu bikorwa ku buryo zigirira abagenerwabikorwa akamaro; kuba bishyurwa ku gihe ndetse na raporo zitangirwa ku gihe; 16) Kuba hakumirwa amakimbirane n... | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
IBINTU BIGOMBA K URANGA UMURENGE NTANGARUGERO MU MIJYI 1) Kuba Umurenge ufite amashanyanzi (on grid/off grid) nibura ku kigero cya 75%; 2) Kuba abaturage batuye Umurenge bakoresha gaz, rondereza, briquettes cyangwa ubundi buryo bukoresha ingufu zitangiza ibidukikije ku kigero cya 75%; 3) Kuba abaturage bose bafite ama... | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
13) Kurimbisha Umurenge, ibigo bya Leta n'iby'abikorera haterwa indabo, ubusitani n'ibindi (greening and beautification); 14) Gushyira mu bikorwa gahunda za VUP ku buryo zigirira abagenerwabikorwa akamaro, kubishyurira ku gihe, ndetse no gutanga raporo ku gihe; 15) Ibigo by'amashuri yis umbuye byose bishyira mu bikorw... | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
UBURYO BWO KWEMEZA, GUKURIKIRANA NO GUSUZUMA IMIHIGO Y'UMUDUGUDU, AKAGARI N'UMURENGE Imihigo y'Umudugudu, Akagari n'Umurenge yemezwa ikanakurikiranwa ku buryo bukurikira: 1. Imihigo y'umuryango yemezwa kandi igakurikiranwa n'Umudugudu ku buryo buhoraho, igasuzumwa n'itsinda rishyirwaho n'Akagari; 2. Imihigo y'Umudugud... | MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf |
MINALOC_imihigo_inzego_abanze.pdf | |
Form: 003 REPUBULIKA Y'U RWANDA MINISITERI Y'IMARI N'IGENAMIGAMBI KOMISIYO Y'IGIHUGU ISHINZWE IBARURA IKIGO CY'IGIHUGU GISHINZWE IBARURISHAMIBARE MU RWANDA P. O. Box 6139 Kigali. Tel. : (+250)252571035 Fax: (+250)252570705 E-mail:info@statistics. gov. rw IBARURA RUSANGE RYA KANE RY' ABATURAGE N'IMITURIRE (16-30 KANAMA ... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf | |
Form: 003 REPUBULIKA Y'U RWANDA MINISITERI Y'IMARI N'IGENAMIGAMBI KOMISIYO Y'IGIHUGU ISHINZWE IBARURA IKIGO CY'IGIHUGU GISHINZWE IBARURISHAMIBARE MU RWANDA P. O. Box 6139 Kigali. Tel. : (+250)252571035 Fax: (+250)252570705 ͲŵĂŝů͗ŝŶĨŽΛƐƚĂƟƐƟĐƐ͘ŐŽǀ͘ƌǁ IBARURA RUSANGE RYA KANE RY' ABATURAGE N'IMITURIRE (16-30 KANAMA 2012... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
2IBIRIMO IRIBURIRO 4 UMUTWE WA MBERE: INTEGO, AMATEGEKO AGENGA IRI BARURA RUSANGE N'IMITUNGANYIRIZE YARYO 4 1. 1. 1 INTEGO RUSANGE 4 1. 2. AMATEGEKO AZAKURIKIZWA 5 1. 3. IMITUNGANYIRIZE RUSANGE Y'IBARURA 5 1. 4. IMITUNGANYIRIZE Y'IBARURA MURI BURI GACE K'IGIHUGU 6 1. 5. ISHUSHO MBONERA Y'IMIRIMO Y'IBARURA 7 UMUTWE WA K... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
34. 3. 5 Uburyo bwo gushyira nimero ku bigo bituwe 19 UMUTWE WA GATANU: UBURYO BWO KUZUZA INTONDE Z'IBIBAZWA MU IBARURA 22 5. 1. 1 KWIMENYEKANISHA 22 5. 2. UBWOKO BW'INTONDE Z'IBIBAZWA 22 5. 2. 1. Urutonde rw'ibibazwa rwagenewe ingo zisanzwe 22 5. 2. 2. Urutonde rw'ibibazwa mu bigo bituwe 23 5. 3. KUZUZA INTONDE Z'IBIB... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
4IRIBURIRO Ibarura Rusange rya kane ry' Abaturage n'Imiturire, kimwe n'andi yaribanjirije mu 1978, 1991 na 2002, rigamije kwerekana ibipimo ngenderwaho mu biranga imiterere, ubukungu n'imibereho y'abaturage. Ni muri urwo rwego hakenewe ubumenyi buhagije mu bijyanye n'ubukungu, imibereho y'abaturage ndetse n'amakuru nya... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
5 Kwerekana ikigereranyo cy'imibare y'abantu bazaba batuye u Rwanda mu myaka iri imbere no kuvugurura imibare fatizo yagenderwaho mu yandi mabarura azakorwa nyuma y'iri. Kuvugurura imibare fatizo ngenderwaho mu buyobozi bunyuranye kugirango bifashe gahunda za leta kugera ku nzego zose z'ibanze. Kugaragaza imbibi nshya ... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
6tw'ibarura, twarenga 12 hakajyamo abagenzuzi 3. Umugenzuzi w'Ibarura ku rwego rw'Umurenge (Sector Supervisor): ashinzwe gukurikirana ibikorwa by'ibarura ku rwego rw'umurenge, kandi agakorana na komite ishinzwe ibarura ku karere. Umugenzuzi w'Ibarura ku rwego rw' Agace k'igenzura (Zone Controller): Ashinzwe gukurikiran... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
71. 5. ISHUSHO MBONERA Y'IMIRIMO Y'IBARURA Komisiyo y'Igihugu Ishinzwe Ibarura Ikigo cy'igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda Komisiyo y'Intara ishinzwe Ibarura Komisiyo y' Akarere ishinzwe Ibarura Umugenzuzi w'Intara Umugenzuzi w' Akarere Umugenzuzi w' Agace k'igenzura Umugenzuzi w'Umurenge Umugenzuzi w'udupand... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
8UMUTWE WA KABIRI: GUSOBANURA AMAGAMBO Y'IBANZE AZAKORESHWA 2. 1. IBARURA RUSANGE RY' ABATURAGE N'IMITURIRE NI IKI? Ibarura Rusange ry' Abaturage n'Imiturire ni imirimo ijyana no kwegeranya, gusesengura no gutangaza imibare y' ibyavuye mu ibarura yerekeye ingano n'imiterere y'abaturage b'igihugu cyose na bimwe mu biran... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
9 Ibigo by'impfubyi, abafite ubumuga; Ibigo byose bituwe n'abantu babaho mu buryo busa na buriya tumaze kuvuga. 2. 5. INGO ZISANZWE ARIKO ZIKABA ZIRI IMBERE MU BIGO BITUWE Mu bigo bituwe iyo hari urugo rwihariye kandi rwihagije muri byose (gusangira amafunguro, kuryama) barubarura nk'urugo rusanzwe. Abo ni babandi baha... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
10Ibyiciro by'ingenzi by'abantu babarurwa muri buri rugo ni: 1. Abaharaye ( PR) : Abantu basanzwe baba mu rugo kandi baharaye mu ijoro ry'ibarura; 2. Abataharaye( AR) : Abantu basanzwe baba mu rugo ariko bataharaye mu ijoro ry'ibarura; 3. Abashyitsi( VIS): abantu baraye mu rugo mu ijoro ry'ibarura ariko badasanzwe batu... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
11abarizwa. Umuntu ashobora kuba atari iwe cyangwa iwabo kubera impamvu nyinshi zitandukanye, nko : 1. Kwivuza: Abarwayi, abarwaza; 2. Kuba mu ngendo z'akazi cyangwa ubucuruzi; 3. Gusura inshuti n'abavandimwe; 4. Gukora akazi cyangwa umwuga; abiyemeje guhora bagenda mu kazi kabo; 5. Ubukerarugendo; 6. Kwiga:abanyeshuli... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
12UMUTWE WA GATATU: AMABWIRIZA RUSANGE 3. 1. INSHINGANO Z'UMUKARANI W'IBARURA Inshingano z'ingenzi z'umukarani w'ibarura ni izi zikurikira: Kumenya imbibi z'agapande ke k'ibarura yifashishije ikarita aba yahawe; Kwandika amazu n'ingo biri mu gapande ke k'ibarura; Kumenya gutandukanya ingo zisanzwe n'ibigo bituwe; Kugen... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
13 Agomba kutandarika intonde z'ibibazwa aho abonye hose ngo zidasomwa n'abatabifitiye uburenganzira. 3. 3: IBIKORESHO BY'UMUKARANI W'IBARURA Nyuma y'amahugurwa, buri mukarani w'ibarura agomba kujya mu gapande ke k'ibarura yitwaje ibi bikurikira: Ikarita y'agapande k'ibarura(EA) iriho n'ibirango, Intonde z'ibibazwa (Qu... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
14cyangwa ibindi, umukarani w'ibarura aziyambaza umuyobozi w'umudugudu cyangwa undi wese mu bagize ubuyobozi bw'umudugudu aherekejwe n'umugenzuzi w'agapande k'ibarura kugirango basobanurirwe icyo bagenderaho mu kumenya imbibi.. Akenshi imbibi zikunze kubaho ni nk'izi zikurikira: Umuhanda, Inzira cyangwa akayira; Umugez... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
15Ikarita y'agapande k'ibarura igabanyijemo ibice bitatu Ahabanza hejuru mu ruhande rw'ibumoso hari ikiranga ntego cya Repubulika y' u Rwanda, Hagati hari interururo “Ikarita y' Agapande k' Ibarura” ku mpera iburyo hari ikirangantego cy' Ibarura rusange ryo muri 2012 Igice cya kabiri kigizwe n'ikarita nyirizina. Muri i... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
16Kuri iki gice kandi hagaragara insiguro. Insiguro ni urutonde rw'ibimenyetso byakoreshejwe mu kwerekana ibintu biri ku ikarita y'agapande k'ibarura. Mu ndimi z'amahanga insiguro bayita urufunguzo. Ni rwo rufunguzo rugufasha kumenya no gusobanukirwa ikarita. Ibi bishatse kuvuga ko iyo usoma ikarita, ubanza kureba ibim... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
17UMUTWE WA KANE: KUBARURA INGO NO GUSHYIRA I NIMERO KU MAZU NO KU NGO 4. 1. GUSHYIRA INIMERO KU MAZU NO KU NGO Umukarani w'ibarura amaze kumenya imbibi zigize agapande k'ibarura (EA) ashinzwe, agomba gutangira gushyira nimero ku mazu, ku ngo no ku bigo byose. Inzu izabarurwa, ni buri nzu ibamo abantu cyangwa itarimo a... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
18Icyitonderwa: inimero z'inzu zigenda zihinduka uva ku nzu ujya ku yindi. Inimero z'ingo nazo zigenda zihinduka ukurikije inimero z'ingo zazibanjirije. 4. 3. 3. Inzu nyinshi zituwe n'urugo rumwe Icyo gihe amazu yose azabona inimero imwe. Inzu ya nyir'urugo niyo yandikwaho inimero y'urugo; inzu zisigaye mu mwanya w'ini... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
194. 3. 4. Inzu nyinshi zituwe n'ingo nyinshi Izo nzu n'izo ngo zizagira inimero zitandukanye, hakurikijwe uko inzu zituwe. Urugero: Andika; 1. 4-PHC-004/006 2. 4-PHC-005/007 3. 4-PHC-006/008 Icyitonderwa: ibikoni, imisarani, ibyumba bakarabiramo, amazu agenewe kubikwamo ibikoresho,... ntibishyirwaho inimero. 4. 3. 5. ... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
20Nk'ikigo gituwe n'abantu 300, abagituye bazashyirwa mu matsinda 5 y'abantu 60. 1. Niba kizaba gikurikira inzu isanzwe ifite inimero 4-PHC 056/058, uzandika kuri icyo kigo gutya: 4-PHC 057/901-905. 2. Niba muri ako gapande k'ibarura harimo ikigo cya 2 gikurikira inzu isanzwe ifite inimero 4-PHC 065/070, kikaba kirimo ... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
21idatuwe mu gihe cyo gushyira inimero ku mazu n'ingo. Inimero igaragaza ko kidatuwe uzandika 894/000. Mugihe cy'ibarura nyirizina, ikigo nikiba cyaratuwemo harimo abantu bagera ku 160 (ni urugero), uzandika 195/909-912 4. Urugo rumaze kubarurwa, umukarani w'ibarura yandika imbere ya nimero ku ifishi akamenyetso gakuri... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
22UMUTWE WA GATANU: UBURYO BWO KUZUZA INTONDE Z'IBIBAZWA MU IBARURA 5. 1. INSHINGANO ZIHARIYE Z'UMUKARANI W'IBARURA 5. 1. 1 Kwimenyekanisha Kugirango ushobore kubona amakuru ushaka mu rugo ugezemo, ni ngombwa gutegura abo muganira ukabaremamo icyizere mu kwimenyekanisha. Nugera mu rugo uzasuhuze abo uhasanze, uvuge uti... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
23mu rugo hakurikijwe igitsina n'uburyo bari batuye muri urwo rugo mu ijoro ry'ibarura. Igika cya gatatu kigizwe n'urupapuro rugaragaza urutonde rw'abagize urugo n'abashyitsi baraye muri urwo rugo mu ijoro ry'ibarura n'imiterere yabo. Igika cya kane (P) kiravuga imiterere ya buri muntu uba mu rugo: kirimo ibibazo 36 ak... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
24L04: Akagali: Andika mu nyuguti nkuru izina ry' Akagali Urugo rubarizwamo L05: Umudugudu: Andika mu nyuguti nkuru izina ry'Umudugudu Urugo rubarizwamo Urugero: Urugo rutuye mu mudugudu Kavumu, Akagari ka Nonko, Umurenge wa Nyarugunga, Akarere ka Kicukiro, Umujyi wa Kigali, andika: L01: Intara: UMUJYI WA KIGARI L02: A... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
25Iyo urugo rubamo abantu barenze cumi na babiri ukoresha izindi ntonde z'ibibazwa. Icyo gihe buri rutonde rw'ibibazwa ruzagira inimero yarwo bitewe n'umubare w'intonde z'ibibazwa zizaba zakoreshejwe muri urwo rugo. Ku inimero ya 11 y'irangarugo hateganyijwe utuzu tubiri: Mu kazu ka mbere handikwamo inimero y'urutonde ... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
26hakoreshejwe intonde z'ibibazwa eshatu muri urwo rugo. Ku rutonde rw'ibibazwa rwa kabiri, ku irangarugo, inimero ya11 andika : 2 / 3 Umubare 2 wo mu kazu ka mbere usobanura urutonde rw'ibibazwa rwa kabiri rwakoreshejwe muri urwo rugo. Umubare 3 wo mu kazu ka kabiri usobanura ko hakoreshejwe intonde z'ibibazwa eshatu ... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
27 2. Bara abantu b'igitsina gore bose basanzwe baba mu rugo kandi baharaye mu ijoro ry'ibarura ubandike mu tuzu twagenewe igitsina gore. 3. Teranya imibare y'igitsina gabo n'iy'igitsina gore basanzwe baba mu rugo kandi baharaye mu ijoro ry'ibarura, igiteranyo ugishyire mu tuzu twateganyijwe (Bose). 4. Bara abantu b'ig... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
28 y'urugo izuzuzwa ku ipaji ya mbere y'urutonde rw'ibibazwa rwa mbere. 2. Urutonde rw'ibibazwa rwagenewe ibigo bituwe Iyo mbonerahamwe yuzuzwa n'umukarani w'ibarura iyo amaze kubarura ikigo gituwe. GABO GORE BOSE ABATUYE MU RUGO BAHARAYE (PR) ABATUYE MU RUGO BATAHARAYE (AR) BOSE HAMWE (PR + AR) ABASHYITSI (VIS) ABABAR... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
29Haramutse hari abashyitsi baraye muri urwo rugo mu ijoro ry'Ibarura, uzabandike nyuma yo kwandika abantu bose basanzwe baba mu rugo, baharaye cyangwa bataharaye mu ijoro ry'Ibarura. Uru rutonde rufasha umukarani w'ibarura mu kugenzura neza ko amakuru atangwa n'uwo baganira kuri buri muntu ari ukuri agendeye cyane cya... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
30 bashakanye, baba muri urwo rugo. Abandi badafitanye isano na nyir'urugo cyangwa uwo bashakanye. P02: Umuntu wa mbere wanditse kuri P01 agomba kuba nyir'urugo: ca akaziga kuri 1. Ku bandi, soma izina hanyuma use n'ushaka ko akwibutsa ubaza uti: Harya wambwiye ko............(izina) ari........(isano) wawe? Niba habaye... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
31Icyitonderwa: urugo rushobara kuba rugizwe n'abashyitsi gusa; icyo gihe. Umuntu umwe cyangwa abantu benshi, bafitanye isano cyangwa ntayo bafitanye bashobora gutemberera mu gihugu, mu Karere runaka aho kujya muri hoteli, bagakodesha inzu/ appartement bamaramo igihe kitarenze amezi 6. Icyo gihe, iyo ari umuntu umwe, y... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
32P03: Igitsina (Ku ntonde z'ibibazwa zagenewe ingo zisanzwe n'ibigo bituwe) Baza: igitsina cya [Izina] ni ikihe? Ca akaziga gusa ku mubare ujyanye n'igisubizo uhawe. 1. Gabo 2. Gore Icyitonderwa: Nta mpamvu yo kubaza umuntu igitsina cye igihe cyose bigaragara ko ari igitsina gore cyangwa gabo, keretse igihe ubona uri ... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
33P06 : Uburyo abantu batuye : (Ku ntonde z'ibibazwa zagenewe ingo zisanzwe n'ibigo bituwe) Baza: Ese [Izina] asanzwe atuye muri uru rugo? Ca akaziga ku mubare ugendanye n'igisubizo uhawe. Ibisubizo bishoboka n'ibi bikurikira: 1. Atuye muri uru rugo kandi yaharaye mu ijoro ry'ibarura (PR) 2. A tuye muri uru rugo ariko ... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
34“ubwa mbere” maze ukomeze ku kibazo gikurikira (Ntugire icyo wandika mu tuzu no mu mwanya wagenewe umunyarwanda ufite ubundi bwenegihugu bwa kabiri cyangwa ku munyamahanga). Niba ari umunyarwanda ufite ubundi bwenegihugu: Mu ntonde z'ibibazwa zagenewe ingo zisanzwe : andika Rwnda imbere yahanditse “ubwa mbere” wonger... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
35Niba ubarurwa atarimutse mu karere yavukiyemo andika mu tuzu |_9__|_9__|_9__|, ukomeze ku kibazo gikurikira. Niba ubarurwa yarimutse, igihe amaze muri ako karere kirenze umwaka andika imyaka ahamaze mu tuzu twateganyijwe, ukomeze ku kibazo gikurikira. Genzura niba imyaka y'ubarurwa ijyanye n' imyaka amaze aho abaruri... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
36n'ubumuga. Imibare ijyanye n'ubumuga ndetse n'impamvu zabwo n'iyi ikurikira: Ubumuga (D) Impamvu(C) 1. Kutabona 1. Yarabuvukanye 2. Kutumva 2. Indwara 3. Kutavuga 3. Impanuka 4. Bw'amaguru/amaboko 4. Intambara/Mine 5. Bwo mumutwe 5. Jenoside 6. Ubundi 6. Ntabizi 7. Indi 1. Urutonde rw'ibibazwa rwagenewe ingo zisanzwe... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
37akaziga ku bumuga n'impamvu yabuteye ubazwa afite, ahubwo yandika Imibare iranga bwa bumuga n'impamvu yabwo yabwiwe akabyandika mu tuzu twabugenewe. Urugero: Niba umuntu afite ubumuga bwo kutabona yarabutewe n'indwara akaba kandi yaramugaye akaguru/amaguru cyangwa ukuboko/amaboko yarabuvukanye uzandika gutya: D C D C... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
38Urugero; Niba ari mitiweli ca akaziga kuri “1” Niba ari RAMA ca akaziga kuri “2” Niba ari FARG ca akaziga kuri “4” KUVA P14 KUGERA P15 BIREBA ABAFITE MU NSI Y'IMYAKA 18 P14a. Kubaho kw'ababyeyi n'aho batuye Baza: Nyina wa [Izina] aracyariho? Ca akaziga ku mubare ujyanye n'igisubizo uhawe. Niba ari yego, ca akaziga ku... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
39IBIBAZWA ABATUYE MU RUGO BAFITE NIBURA IMYAKA 3 Y' AMAVUKO P16. Kwandika no Gusoma Baza: Ese (izina) azi gusoma, kwandika no kumva indimi zikurikira? Ca akaziga ku mubare ujyanye n'ururimi ubazwa abasha gusoma, kwandika no kumva. Niba azi gusoma kwandika no kumva ururimi rumwe, ca akaziga ku mubare w'urwo rurimi azi ... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
40Niba igisubizo ari “Yageze mu ishuli” ca akaziga kuri “2”, ukomeze ku kibazo gikurikira Niba igisubizo ari “Aracyari mu ishuli”, ca akaziga kuri “3”, ukomeze ku kibazo gikurikira. P18a: Icyiciro cy'amashuli Baza: Ni ikihe cyiciro cy'amashuli gisumba ibindi [Izina] yize? 1. Mu Ntonde z'ibibazwa byagenewe urugo rusanzw... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
41BIREBA ABATUYE MU RUGO BAFITE GUHERA KU MYAKA 5 KUZAMURA P20. Umurimo Baza: Uretse imirimo yo mu rugo, [Izina] yaba yarakoze nibura isaha 1 mu minsi 7 yabanjirije ijoro ry'ibarura (Ni ukuvuga hagati y'italiki 8 na 14 Kanama 2012)? Ca akaziga ku mubare ujyanye n'igisubizo uhawe. Niba ari yego, ca akaziga kuri 1, hanyu... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
42P23. Kwitegura gukora umurimo Baza: Ese [Izina] yaba yiteguye gukora? Ca akaziga ku mubare ujyanye n'igisubizo wahawe. Niba ari yego, ca akaziga kuri 1 ukomeze ku kibazo gikurikira Niba ari oya, ca akaziga kuri 2 hanyuma uhite ujya ku kibazo P29 P24. Gushakisha akazi Baza: Ese[Izina] yaba yarashakaga akazi mu minsi 7... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
43 leta, abikorera ku giti cyabo, imiryango idashamikiye kuri leta, n'imiryango idaharanira inyungu nka kiriziya n'ibindi. Icyi cyiciro kirimo abakozi bakora cyangwa bakoraga mu buryo buhoraho bahembwa buri kwezi ndetse n'abakozi bahamagarwa mu gihe bakenewe igihe umurimo bamuhamagariye urangiye bakamusezerera; bakaba ... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
442. Mu gucukura amabuye y'agaciro Zahabu Worufaramu Gasegereti Koruta 3. Mu nganda : Gusatura imbaho ; Ububaji ; Gukora imigati ; Gukora ibindi byose biva mu mafu ; Ibinyamavuta ; Gutunganya icyayi ; Imirimo y'ububoshyi ; Icapiro ; Ububumbyi ; Ubucukuzi ; Ubukorikori ; Ibindi ; 4. Amashanyarazi, gazi n'amazi Gukora no... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
457. Gutwara ibintu n'abantu, aho babika ibintu n'itumanaho: Gutwara abantu ku butaka no gukodesha amamodoka Aho babika ibicuruzwa; Ibindi(taxi, Aprotam,....). 8. Banki, ubwishingizi: Banki, Isanduku y'ubwiteganyirize bw'abakozi Ibigo by'ubwishingizi; Ibindi (Banki z'amashyirahamwe nka Duterimbere, microfinance......) ... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
46 3. Abadaharanira inyungu: abakorera abaturage (urugero, kiriziya, amashyirahamwe y'imyuga, amahuriro (clubs) ku byerekeye umuco na siporo, imiryango y'abagiraneza, ndetse n'amashyirahamwe atera inkunga abatishoboye) ifasha, ikanatera inkunga imiryango ku buntu cyangwa se ku giciro gito cyane kandi iyo inkunga batang... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
47P31: Umugore wa kangahe (Iki kibazo kibazwa umuntu w'igitsina gore wasubije ko abana n'umugabo (yarashatse) cyangwa yarahukanye) Baza: [Izina] yaba ari umugore wakangahe w'uyu mugabo? Andika mu kazu kabugenewe umubare ugararagaza umwanya w'urushako wuwo mugore ku Mugabo we. Urugero: Niba ari umugore wa 2, andika mu k... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
48P34: Abana bavutse na nubu bakiriho Baza :Muri abo bana ni bangahe bakiriho? Uzuza mu tuzu, umubare w'abana b'abahungu bakiriho twagenewe abana b'abahungu. Uzuza umubare w'abana b'abakobwa bakiriho mu tuzu twagenewe abakobwa. Niba nta bana bavutse cyangwa se baravutse bakaba bose nta numwe ukiriho, andika “|_ 0_|_0_|... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
49IGIKA H: IMITURIRE 5. 3. 5. Kuzuza ibibazo bijyanye n' imiturire Ibi bibazo bibazwa nyir'urugo cyangwa umuhagarariye: H01 : Imiturire Ca akaziga ku gisubizo uhawe. Hano ni ngombwa ko umukarani w'ibarura asobanukirwa bihagije buriya buryo butandatu (6) bw'imiturire tubona ku kibazo H01. 1. Umudugudu: Ni amazu yubatse ... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
50H04 : Ibisakaye inzu Iyi nzu isakajwe n'ibihe bikoresho by'ubwubatsi? Ca akaziga ku mubare ujyanye n'igisubizo uhawe muri ibi bikurikira: 1. Amabati 2. Amategura asanzwe 3. Amategura mvaruganda 4. Asbestos 5. Beto 6. Shiting/karito 7. Ibyatsi 8. Ibindi bikoresho(kubivuga) Icyitonderwa: Niba inzu ari igorofa, andika i... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
51Icyitonderwa: Igihe hari andi mazu yo hanze ararwamo n'abana cyangwa abandi bavandimwe ba nyiri urugo, bakaba batekera hamwe, ibyumba byayo mazu yohanze nabyo bibarwa ku nzu ya nyiri urugo. H08 : Umubare w'ibyumba birarwamo Ibyumba byo kuryamamo ni bingahe? Andika umubare w'ibyumba birarwamo mu tuzu twabugenewe H09 :... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
52H12: Uburyo bwo kubonesha mu nzu. Ni ubuhe buryo bw'ingenzi mukoresha mu kubonesha mu nzu? Ca akaziga ku mubare ujyanye n'igisubizo uhawe muri ibi bikurikira: 1. Amashanyarazi ya EWSA 9. Inkwi 2. Amashanyarazi y'izindi ngomero 10. Ubundi buryo 3. Ingufu z'imirasire y'izuba 4. Moteri 5. Peteroli 6. Mazout 7. Biyogazi ... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
53H16: Aho bamena amazi mabi Amazi yakoreshejwe muri uru rugo muyamena he? Ca akaziga ku mubare ujyanye n'igisubizo uhawe muri ibi bikurikira: 1. Icyobo 2. Mu muferege 3. Ruhurura 4. Mu muhanda 5. Mu muyoboro wabugenewe 6. Mu cyobo cyabugenewe 7. Mu gisambu. 8. Ahandi (kuhavuga) H17-H25: Urugo rwanyu rufite ibikoresho ... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
54Mu rugo 1 {1+2} 0 3 Ku biro/Ishuli 2 H28-H34: Muri uru rugo mwaba mufite amatungo akurikira angahe? Andika umubare w'amatungo ubwiwe mu tuzu twabugenewe. Urugero niba urugo rutunze inka 12 n'inkwavu 2 H28a-Inkaz'inyarwanda 0 0 1 2 H32 Inkwavu 0 0 0 2 H34 Ibindi binyamababa (kuyavuga): niba hari andi matungo cyangwa s... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
55(15/8/2011-15/8/2012) Niba hari uwitabye Imana ca akaziga kuri 1; maze ukomeze ku kibazo M2 Niba ntawitabye Imana ca akaziga kuri 2 uhite ukomeza ku muntu ukurikira, niba ntawundi wapfuye rangiza ikiganiro, nta kintu wemerewe kwandika mu tuzu dukurikira. M2: Vuga igitsina, imyaka n' impamvu y'urupfu by'uwitabye Imana... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
56 IMIGEREKA | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
57UMUGEREKA WA I: AMWE MU MATEKA Y'URWANDA (1865-2012) 1865: Rwabugiri yima ingoma 1874: Iboneka ry'icyezezi cy'umuriro, Rwakabyaza. 1876: (9-10/3) Bwana Stanley arara ku Kirwa cy'Ihema. (13/3) Bwana Stanley agerageza kwinjira mu Gisaka, ingabo ze zikaneshwa maze agahita yisubirira ikaragwe 1884: Ubwirakabiri 1889: Rwa... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
581895: Igitero cya nyuma cyo mu Bushi (Bunyabungo) cyari kigamije guhana Rutaganda wari warigometse. Itanga rya Rwabugiri ageze ku Kivu. Umugogo (Umurambo) we bawugarura i Nyamasheke Hashize iminsi itanu bawujyana i Rutare mu irimbi ry' Abami 1896: Lieutenant Standrart (Bwana Kabutura) yubaka ikigo cy'inkambi i Shangi... | MINECOFIN_CENSUS_agatabo_umukarani.pdf |
End of preview. Expand in Data Studio
README.md exists but content is empty.
- Downloads last month
- 9